Sunday, April 14, 2013

Yatawe muri yombi akekwaho gusambanya uruhinja

Umugabo witwa Elie Mukundabantu araregwa kuba yarafashe ku ngufu akana k’agakobwa gafite umwaka umwe n’igice mu karere ka Ngoma, umurenge wa Sake, Akagali ka Kibonde mu ma saa saba z’amanywa, taliki ya 12 Mata 2013.
Polisi ku rubuga rwayo yatangaje ko Mukundabantu yafashe urwo ruhinja atumye undi mwana bavukana bari kumwe kumugurira itabi, ahita afata rwa ruhinja ku ngufu.
Uwo mugabo yatahuwe ubwo umugenzi wihitiraga yumvise akana karira, agezeyo asanga ishyano ryabaye abibwira abaturanyi nabo baratabara baramufata bamushyikiriza Polisi. Ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kibungo.
Ababyeyi b’urwo ruhinja ntibari mu rugo, abaturanyi nibo bahise bajyana urwo ruhinja ku bitaro bya Kibungo.
Supt. Victor Rubamba, ukuriye akarere ka Ngoma, yamaganye icyo gikorwa cy’ubunyamaswa kigayitse cyane,
Aramutse ahamwe n’icyo cyaha yahanishwa ingingo ya 191 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda , aho avuga ko “Umuntu wese usambanyije umwana, ahanishwa igifungo cya burundu cy’umwihariko

Saturday, April 6, 2013

Dore impano nto cyane kandi zoroshye kubona waha umukunzi wawe zikamukora ku mutima akajya aguhoza mu bitekerezo

 5  0
 
 0
Posted: April 6, 2013
Gutanga impano biba byiza ariko kandi igishimisha cyane ni ukuyihabwa. Mu buzima bwacu bwa buri munsi tujya tugira igihe twumva ari ngombwa gutanga impano nko mu makwe cyangwa mu bindi birori bitandukanye ariko izi mpano ngiye kukubwira zitandukanye cyane n’izisanzwe kuko zifite umwihariko.
Iyo ufite umukunzi ni ngombwa ko umugenera impano kuko burya biba bifite icyo bisobanuye ku byerekeye urukundo rwanyu kuko udashobora kwitora ngo upfe gutekereza gutanga impano gutyo gusa.Zimwe muri izi mpano nuzikoresha bizagufasha mu rukundo rwanyu.
1.Gutanga indabo: Ururabo ni kimwe mu bimenyetso by’urukundo,iyo uhaye um ukunzi wawe ururabo bigatuma akwitaho cyaneatekereza impamvu umuhaye akantu keza nk’ako cyane cyane gafite ibara asanzwe akunda akaba ari nayoimpamvu ugomba guhitamo ibara uzi ko akunda.Ibi bizatuma igihe cyose arubonye agutekereza.
2.Kumuha ishusho cg umutako: Umukunzi wawe numuha ishusho uzamwandikireho n’amagambo y’urukundo maze niyakira ya shusho agasoma n’utwo tugambo twiza wamubwiye bizamutera kumva ko ibyo umukorera biba bivuye ku mutima kandi ko uzi ibyo ukora bityo atangire kubona ko umuha umwamya munini wo kumwitaho.
3. Kumuha akantu ko kwambara: iyo uhaye inshuti yawe akantu gatooashobora kwambara nk’urugero ukamugurira udukomo,isaha,impeta cyangwa akandi kant ubona keza kandi akunda;ibi nabyo bimufasha kumva uri hafi ye kuko iyo agiye kwambara ka kntu yumva ari nkaho yaba ari wowe muri kumwe.
4. Kumworerereza ubutumwa bugufi buri joro: Ibi uzabigire nk’itegeko kuko iyi nayo ni impano ikomeye ku mukunzinwawe.Iyo umwifurije ijoro ryiza akenshi arakurota mu nzozi ze za buri gihe kandi iyo arebye muri telephone ye akabona ubutumwa bwawe bimutera kumva ko hari umwitayeho,bityo nawe akumva ko hari icyo agomba gukora ndetse n’iyo bitamuzagamo neza hari icyiyongera ku byari bisanzwe.
Nyamuneka mujye mwita ku bakunzi banyu kugirango bibafashe urukundo rwanyu rurusheho gukomera kandi rushinge imizi bityo ruzabashe kwera imbuto nziza. Bene ibi iyo ubikurikije nibwo wumva koko uburyohe nyabwo bw’urukundo.




- See more at: http://www.inyarwanda.com/gukunda/new/?Dore-impano-nto-cyane-kandi#sthash.Ha4hXLiu.dpuf

Dore impano nto cyane kandi zoroshye kubona waha umukunzi wawe zikamukora ku mutima akajya aguhoza mu bitekerezo

 5  0
 
 0
Posted: April 6, 2013
Gutanga impano biba byiza ariko kandi igishimisha cyane ni ukuyihabwa. Mu buzima bwacu bwa buri munsi tujya tugira igihe twumva ari ngombwa gutanga impano nko mu makwe cyangwa mu bindi birori bitandukanye ariko izi mpano ngiye kukubwira zitandukanye cyane n’izisanzwe kuko zifite umwihariko.
Iyo ufite umukunzi ni ngombwa ko umugenera impano kuko burya biba bifite icyo bisobanuye ku byerekeye urukundo rwanyu kuko udashobora kwitora ngo upfe gutekereza gutanga impano gutyo gusa.Zimwe muri izi mpano nuzikoresha bizagufasha mu rukundo rwanyu.
1.Gutanga indabo: Ururabo ni kimwe mu bimenyetso by’urukundo,iyo uhaye um ukunzi wawe ururabo bigatuma akwitaho cyaneatekereza impamvu umuhaye akantu keza nk’ako cyane cyane gafite ibara asanzwe akunda akaba ari nayoimpamvu ugomba guhitamo ibara uzi ko akunda.Ibi bizatuma igihe cyose arubonye agutekereza.
2.Kumuha ishusho cg umutako: Umukunzi wawe numuha ishusho uzamwandikireho n’amagambo y’urukundo maze niyakira ya shusho agasoma n’utwo tugambo twiza wamubwiye bizamutera kumva ko ibyo umukorera biba bivuye ku mutima kandi ko uzi ibyo ukora bityo atangire kubona ko umuha umwamya munini wo kumwitaho.
3. Kumuha akantu ko kwambara: iyo uhaye inshuti yawe akantu gatooashobora kwambara nk’urugero ukamugurira udukomo,isaha,impeta cyangwa akandi kant ubona keza kandi akunda;ibi nabyo bimufasha kumva uri hafi ye kuko iyo agiye kwambara ka kntu yumva ari nkaho yaba ari wowe muri kumwe.
4. Kumworerereza ubutumwa bugufi buri joro: Ibi uzabigire nk’itegeko kuko iyi nayo ni impano ikomeye ku mukunzinwawe.Iyo umwifurije ijoro ryiza akenshi arakurota mu nzozi ze za buri gihe kandi iyo arebye muri telephone ye akabona ubutumwa bwawe bimutera kumva ko hari umwitayeho,bityo nawe akumva ko hari icyo agomba gukora ndetse n’iyo bitamuzagamo neza hari icyiyongera ku byari bisanzwe.
Nyamuneka mujye mwita ku bakunzi banyu kugirango bibafashe urukundo rwanyu rurusheho gukomera kandi rushinge imizi bityo ruzabashe kwera imbuto nziza. Bene ibi iyo ubikurikije nibwo wumva koko uburyohe nyabwo bw’urukundo.




- See more at: http://www.inyarwanda.com/gukunda/new/?Dore-impano-nto-cyane-kandi#sthash.Ha4hXLiu.dpuf

Rick Ross arasaba imbabazi isi yose kubera indirimbo ye yamamaza ihohoterwa



Abinyujije ku rubuga rwa twitter, Rick Ross yasabye imbabazi isi yose cyane cyane abagore aho yavuze ko atazongera gukoresha aya magambo ukundi.
Nk’uko byatangajwe na dailymail, uyu muraperi aranengwa cyane kubera ukuntu yitwaye muri iki kibazo. Rick Ross yavugaga ko abantu bumvise nabi amagambo yaririmbye mu ndirimbo ye "You Don't Even Know" nyamara ayageze nyuma aca bugufi asaba imbabazi.
rick
Amagambo ya Rick Ross asaba imbabazi
Uyu muraperi w’imyaka 37 y’amavuko yamaze gukurwa amata ku munwa mu ikompanyi ya Reebok yakoreshaga isura ye mu bikorwa byo kwamamaza. Abantu batandukanye bakoresheje imbuga za interineti basabye ubuyobozi bw’iyo kompanyi guhagarika imikoranire yabo na ick Ross kubera imyitwarire ye idahwitse.
rick ross
Amaze kubona ko ishyamba atari ryeru dore ko ntamuntu n’umwe wigeze ushyigikira amagambo uyu muraperi yakoresheje, yahise ajya kuri twitter asaba imbabazi abagore arangije asaba abakoranaga na we mu bikorwa byo kwamamaze kutamwirukana kuko yamaze kwemera ikosa no gusaba imbabazi.
Ni ku nshuro ya kabiri Rick Ross asabiwe kwirukanwa muri Reebok.
Mu minsi yashize ,Rick Ross yagiranye ikiganiro na Radio yo muri New Olreans, aho Lil wayne avuka, ashimangira ko indirimbo ye ntakintu na kimwe itwaye ahubwo ngo abantu bari bayumvise nabi.
rick
Yamaze kwemera ikosa asaba imbabazi
Ati, “Ubundi umugore ni impano ikomeye y’umugabo. Abantu banyumvise nabi mu magambo yanjye, yabyumvise nabi”
You Don’t Eevn Know, ni indirimbo ya Rick Ross irimo amagambo yamamaza ihohoterwa rikorerwa abagore. Yaririmbye yivuga uburyo yahaye umwe mu bagore ibisindisha amutahana iwe mu rugo kugeza ubwo amurongora atabizi.